Ubuhamya

Gukuna

Search This Blog

Urukundo: Irinde Amakosa 5 Yatuma Umuhungu Akubenga


Amafoto y'Igituba | Video so Guswera

umukobwa-urukundo
Ushobora kuba utamwaye utanamwaje ariko abasore bakaba baza bagenda, mbese ni ayahe makosa waba ukora ukwiye kwirinda kugira ngo ugire urukundo ruhamye ruzakuviramo no kubaka?

1.Kwibwirako hari ibyangombwa byo gukundwa utujuje

Ibi bituma abakobwa benshi batiyakira, hagira n’umusore ugukundira ikintu runaka yakubonyeho kikamushimisha, atitaye ku bindi bibi wiyiziho, ukumva ko akubeshya. Ugahora ushidikanya, umushyiraho igitutu, ukeka ko yaba ajya ahandi hatari iyo nenge ufite.

Ibi bituma abasore barambirwa bakigendera kandi kandi burya abasore benshi baba bazi neza ko umugore atari imisaya myiza gusa, ahubwo ari imico ye.

2. Kumva ko ushaka umusore ufite uburanga bw’akataraboneka

Abakobwa usanga bifuza gukundwa n’abasore beza, kugirango nibabereka bagenzi babo “bemere” nyamara ntibita ku mico yabo basore bita akataraboneka

Usanga umukobwa akundana n’umusore mwiza, aba basore nabo kenshi biruka mubakobwa benshi bibagora gufata ibyemezo kandi ugasanga imico yabo atari na myiza.

Nyamara ugasanga nyamwari yamwiziritseho kabone nubwo aziko uwo muhungu ari rubebe, aha rero iyo haje undi musore usanzwe aje gutereta uyu mukobwa, usanga yigize ‘ashwi’ ngo afite igitego bityo umukobwa bikazarangira abuze byose

3. Kumva ko umusore agomba kukuba hafi igihe cyose, amasaha 24 kuri 24

Akubonamo nk’utagira icyo yitaho cyateza imbere urugo rwanyu, kuko aba yibaza niba mubanye wazajya umuha akanya ko gutekereza, kuganira n’abandi no kwishimira ibyo akunda.

Iyo ubikoze gutya yumvako ushaka kumugira imfungwa, bene iyi myitwarire ishobora gutuma umusore agucikaho atakubwiye n’impamvu akajya kwishakira uzamureka agahumeka kandi akamufata nk’umutu uri mu bandi

ubucuti bwiza ni ubutanga umutekano, kwisanzura gukora akazi neza, kuganira n’incuti kwishimira ibyo ukunda ubundi hagafatwa igihe cyo kubisangira muri kumwe urukundo rukarushaho kuryoha no gukura.

4. Kwishimira abandi basore kurusha uwo muri kumwe mu rukundo

Iki ni ikintu usanga abakobwa benshi badaha agaciro ariko rwose gishobora kuba intandaro yo kwangwa n’abasore batari bake, bikazatuma ugumirwa kuko mu gihe ubona abasore bose ukumva ntakibazo kuko ari incuti z’incuti yawe, kuko muturanye, mwigana se ndetse n’ibindi hanyuma ukabasakuma ukabisanzuraho birengeje urugero ukababwira utugambo dusize umunyu, menyako bidashimisha abasore namba

Biba bibaha ishusho y’umugore uzaba we ko ushobora kuzamuca inyuma n’ibindi, nukora ibi bibabaza umusore rwose akaba yumva adashobora kukugira umugore kuko yazagusangira na benshi aha rero bisaba kwitwararika bose ukababona nk’abasanzwe.

5. Kwihagararaho mu makosa


Iki ni ikintu gikomeye umuhungu w’incuti areberaho niba uzamucira bugufi mu rugo na cyane ko abagabo baba bifuza abagore bifitemo guca bugufi no gusaba imbabazi, rero nubona umusore agusezereye akisangira undi ni uko iyo ndangagaciro yo guca bugufi ngo usabire ikosa imbabazi wiyoroheje iba yabuze.

Shyiraho Igitekerezo!

Related Posts by Categories



1 comments:

Anonymous said...

babwire babwire.kd ibi bintu birandyoheye pe.mbega nikihe cotuma umukobwa agukunda kurusha.kubwimana@fidéle

Post a Comment

Shyiraho igitekerezo cyawe!