Ubuhamya

Gukuna

Search This Blog

Ubuzima bw'Igitsina kuva Umwana Akivuka


Amafoto y'Igituba | Video so Guswera


 

www.igituba.org
Reka twibande ku gitabo cyitwa Encyclopedie La Rousse, La vie sexuelle de tout âge. Iyo tuvuze sexualité, abantu bakuru benshi bahita bumva imibonano mpuzabitsina. Ariko kandi siko bimeze. Sexualité ibumbye byinshi biruta imibonano mpuzabitsina, nayo ikubiyemo birumvikana.  

Sexualité rero usanga igize ubuzima bwose bw’umuntu, kuva akivuka kugera ashaje. Ubwo naganiraga n’urubyiruko ku rubuga rwa facebook, twagerageje gushyira mu Kinyarwanda iri jambo sexualité, rimwe na rimwe tujya tugenekereza gushyira mu Kinyarwanda tukavuga ngo ni ubuzima bwerekeza ku bitsina, maze bampa ijambo rivuga ngo imisusirabitsina : Byumvikanisha uko umuntu asa, yitwara, bigendeye ku kuba ari umugore cyangwa se umugabo, umuhungu cyangwa se umukobwa.

Sexualité ku mwana ukivuka no mu buto bwe : 

Ikintu cya mbere umwana yiga akivuka ngo ni uburyo azajya aganira n’abandi, kuko ngo ubundi ibyo tutabivukana. Iyo rero ababyeyi barera abana, n’abandi bose barimo abakozi bo mu rugo, cyane cyane ko nko mu Rwanda usanga abakozi bo mu rugo aribo bagira igihe kinini gihagije cyo kwirirwana n’abana, uburyo bavugana n’utwo tubebe, uko batuvugisha badukinisha cyangwa se baduhoza, ibyo byose ngo bigize sexualité, kandi biri mu bibaha uburyo bazitwara uko bagenda bakura.

Umwana ukivuka kugera ku myaka 2:
 
Uyu mwana atangira kugirana imishyikirano ye ya mbere n’abantu bamukikije iyo bamuterura, bamukinisha bamusekera, kandi ngo abana bagaragarizwa urukundo rwinshi muri ibi bihe bya mbere, ngo usanga ahanini aribo bagirana imishyikirano myiza n’inshuti zabo cyangwa  se n’abo bazarushingana.
 
Ku mezi arindwi n’umunani, nibwo umubebe atangira kuvumbura igitsina cye iyo ari umuhungu, agatangira kwikorakora n’intoki. Naho abakobwa bo, ngo baba batangira kuvumbura igitsina cyabo ku mezi 9 n’icumi, nabo nyine bikorakora n’intoki.

Aba bana b’amezi arindwi umunani icyenda icumi iyo bikorakora ntibaba bikinisha ibi by’abantu bakuru, ahubwo babikora kubera gusa ko baba bumva bibabereye byiza.

Iyo umwana amaze kugira umwaka n’igice hafi imyaka ibiri, ngo nibwo atangira kumenya ko ari umukobwa cyangwa se umuhungu, ndetse agatangira no kumenya ko abantu bamukikije umwe ari umugabo undi akaba umugore. Muri ibi bihe by’imyaka ibiri itatu, umubebe akeneye kubonana n’abandi babebe bo mu kigero cye, kugirango bakine baganire, kuko nabyo bimufasha mu mubano azajya agirana n’abandi namara gukura. 

Ku myaka ibiri kandi, umwana kuko aba amaze kwimenya we ubwe, ko ari umuhungu cyangwa se umukobwa, we ubwe ntabwo aba akiyitayeho, ahubwo atangira kwita ku bandi. Ugasanga afitiye amatsiko amabere ya maman we uko ameze, agatangira kugira amatsiko y’igitsina cya papa we, akibaza impamvu abantu bakuru bagira inshakwaha n’insya kandi abana batazigira, n’ibindi nk’ibyo. 

Muri iki gihe bamwe mu bana bazatangira no kujya kurunguruka abantu bakuru igihe bari nko mu bwiherero (toilet), n’ahandi babasha kubabona bambaye ubusa, mu rwego rwo kugerageza guhaza ya matsiko bari bafite.

Sexualité ku mwana w’imyaka 3 kugera kuri 5:

Uyu mwana ugize imyaka itatu, nibwo noneho atangira kumenya gutandukanya abagabo n’abagore yaba ababonye mu mafoto, cyangwa se muri televiziyo, kandi akamenya no kubwira umuntu mukuru niba we ari umukobwa cyangwa umuhungu. Ikindi kandi abana benshi ku myaka itatu uzasanga bikundira kwambara ubusa!

Muri iki gihe cy’imyaka itatu, abana batangira gukina imikino yo kwerekana ibitsina byabo. Ngo « ndakwereka akanjye nawe nunyereka ». Iyi twakwita imikino igakorwa mu bana bo mu kigero kimwe, baba abahungu cyangwa se abakobwa, cyangwa se abadahuje ibitsina. 

Abana batangira gukina iby’abana, umwe yitwa papa undi akaba amaman, cyangwa se umwe akaba muganga, n’ibindi nk’ibyo.

Ibibazo aba bana bibaza : Aba bana b’imyaka itatu itanu nibo batangira kubaza ngo nabayeho gute, cyangwa se ngo umwana aturuka he. Abandi nabo batangira kugira amatsiko iyo babonye umugore utwite.
Uyu mwana w’imyaka hafi itanu aracyakunda kwambara ubusa, ariko kandi bitangiye kugenda bishira.
Sexualité ku mwana w’imyaka 6 kugera ku 9 :

Umwana iyo amaze kurenga imyaka itanu nibwo aba amaze kumenya neza ko niba ari umukobwa azakomeza kuba umukobwa, ntashobora guhinduka. Ko niba ari umuhungu azakomeza kuba umuhungu. Ko umugabo akomeza kuba umugabo kabone n’aho yakwambara amakanzu. 

Kuri iki gihe cy’imyaka itandatu umunani, abana batangira kugira amatsiko menshi yo kumenya uko umwana abaho, birenze ko ava mu nda ya maman we, ahubwo bagashaka kumenya uko n’intanga zihura, intanga ngore n’intanga ngabo, aho bibaza uko intanga ngabo zigera mu nda y’umugore. Kuri iki kigero, abana bamwe baba batangiye guhuza kubyara abana hamwe n’ibyishimo bibonerwa mu mibonano mpuzabitsina, ariko kandi si bose.

Aba bana, uretse kuba baganira n’ababyeyi babo (gusa ni bamwe muribo kandi bake tugereranyije n’u Rwanda rwacu uko ruhagaze mu kuganiriza abana ku bijyana n’ubuzima bwabo bw’imyororokere), abandi hari bike baba barize ku ishuri, hanyuma ibindi byinshi, rimwe na rimwe bitari nabyo, bakabikura muri bagenzi babo.

Muri make, aba bana baba bamaze kumenya byinshi, kandi baba babasha no gusoma ibinyamakuru, gutega amatwi radio, kureba televiziyo, muri iki gihe nibo batangira gusura internet, mbese muri make, baba bafite aho bakomora ubumenyi hatandukanye.

peopollywood.com
Aba bana noneho baba batangiye kuba bakorakora imyanya ndangagitsina yabo kugirango babonemo ibyishimo

Aba bana bo kuri iyi myaka baba bashobora gukina imikino iganisha ku ba mamans n’abapapa, ariko kandi guhuza ibitsina muri iyi mikino yabo ntibiba birimo. Ikindi ni uko aba bana bakagombye gukina imikino nk’iyi ari uko bangana, kuko hajemo abakuru bashobora kubatera gukora ibyo ubwenge bwabo butaratekereza.

Noneho imyaka icyenda irageze, wa mwana atangiye kwinjira mu bugimbi n’ubwangavu vuba vuba. Source
Shyiraho Igitekerezo!

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

Shyiraho igitekerezo cyawe!