![]() |
| barabatambikanye |
Abaturanyi ba Byamana batangaza ko yamaze kumenya amakuru y’ibishobora kuba biri kubera iwe, agahamagara muramu we ( ni ukuvuga musaza w’umugore we) Bikorimana Abraham ngo bajye kureba ukuri ku bivugwa.
Mbarushimana Jean Baptiste uturanye na Hagenimana, yatangaje ko bageze mu rugo bagasanga Hagenimana arimo asambana na Uwamahoro Assiah, umugore wa Byamana. Bahise bamwadukira barakubita, bamugira intere.
Mu gihe Hagenimana yafatwaga, umugore we yahise ahungira mu bigori hafi aho araharara ari naho inzego zishinzwe umutekano zaje kumenya ko ari mu masaha ya saa tanu z’amanywa.
Nyuma yo kuhagota inzego z’umutekano zamutaye muri yombi yambaye akambaro k’imbere gusa, abagore bamutiza igitenge yikingaho ndetse n’umusirikare amutiza ikoti arifubika ahita ajyanwa gufungirwa kuri station ya polisi ya Byumba hamwe n’umugabo we ndetse na musaza we.
Abaturanyi rero baje guhurura inkomere bayijyana ku bitaro bikuru bya Byumba.
Nyuma yo kugezwa ku bitaro bya Byumba Hagenimana yaje koherezwa ku bitaro bikuru bya CHUK kuko yari arembye cyane ari naho yaje kugwa ku mugoroba wo kuwa 3/1/2013.
Source
© Imbere media group
Urakoze gusoma iyi nkuru kuri Igituba.org, shyiraho igitekerezo cyawe, twungure inama, tubwire uko ubona iby'igitsina na experiences zawe, tubaze cyangwa utwoherereze inkuru n'amafoto ku igitsina kuri bangambiki@igituba.org cyangwa bangambiki@bangambiki.com. Ohereza umwirondoro tugushakire inshuti ku Igihozo
http://www.facebook.com/hbangambiki
http://www.facebook.com/igihozo1
http://www.facebook.com/groups/Igitsina
http://www.facebook.com/groups/rwandadating

0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!