Igiciro cy’inkwano kiri gutuma abasore basaza ari ingaragu
Cyera mu Rwanda no mu muco warwo umukobwa yakobwaga inka kuko nta mafaranga yabagaho, ndetse utaragiraga inka ntiyaburaga kurongora kuko yasabaga umugeni akamuhabwa aribyo bitaga “Gutenda”. Ubu ibintu byarahindutse cyane.
Muri iki gihe ifaranga riravuza ubuhuha mu kugirango umusore abashe kurongora. Abatarifite bo bamwe ngo bari gusaza ari ingaragu kuko batabashije.
Abasore benshi mu Rwanda muri iki gihe batewe impungenge n’igiciro cy’inkwano kuko ngo ubu umukobwa usobanutse utamuhagurutsa iwabo mu rugo ku mafaranga macye agera nibura ku bihumbi Magana atanu kuzamura.
Abahungu iki gihe utagize ibyago (cg se amahirwe) ngo atere inda umukobwa aba agowe cyane no kubona iyo nkwano, kubona amafaranga yo gukoresha ubukwe, ay’ubukode n’ubundi bucogocogo buhenda cyane muri iki gihe.
Abasore bateye inda muri iki gihe, bamwe bategekwa n’imiryango kuvana abo bana b’abakobwa ku karubanda bakizezwa ubufasha bw’imiryango bakarongora. Iki gihe inkwano ntiba ikiri ikintu gikomeye kuko akenshi umuryango wa nyamwari nawo uba umwikiza ngo atabyarira mu rugo, bityo agaciro k’inkwano kakagwa.
Aya makwe n’ubwo ariyo yeze cyane mu Rwanda, abareba kure bavuga ko iby’izi ngo ari ukubitega amaso mu myaka 10-15 iri imbere. Izizaba zigikomeye bavuga ko ari mbarwa kuko ngo nyinshi zitubakiye ku rukundo ahubwo zubakiye kuri ‘situation’.
Umusore witwa Twahirwa Emmanuel ni umuseribateri umaze kurenza imyaka 30, iyo muganira akubwira ko nta gahunda afite yo kurongora kuko atabasha kwishyura inkwano y’umukobwa yakunda. Ati “Kereka mvuye mu mujyi nkajya gukunda umukobwa mu cyaro nakwa nka cent milles, ariko se bwo ay’ubukwe nayavana he?”
Mu basore iki gihe, impungenge ni zose, usibye icyo giciro cy’inkwano, agahendo k’ubukwe ngo ku mpungenge zabo haniyongeraho abakobwa baba bagiye gushaka kuko ngo ab’iki gihe abenshi usanga abakwitwa abari b’ukuri ari mbarwa.
Abakobwa b’iki gihe usanga abenshi ngo barajarajaye muri abo basore, uwakundanye na bacye ari batanu kandi nabo hafi bose baragiye bimara ipfa mu buriri.
Umusore akareba gukwa ku gihendo umukobwa umeze utyo maze intege zigacika niyo ngo yaba amukunda agahitamo kujya bahuza urugwiro bakikiza imisonga n’ibiryana mu myambaro. Umwe agca aha undi agaca aha. Ugasanga umusore w’ingaragu arakabakaba imyaka 45 akitwa umujeni ugitereta abana.
Abasore bafite imirimo myiza ngo hari ubwo birindiriza bakegeranya utwo dufaranga tw’inkano n’ubukwe bwiza ngo bazahacane umucyo maze muri iyo myaka akisuganya ugasanga ntihabuzemo rwangendanyi ibamo, umukobwa akibonera undi dore ko ubuhemu muri iki gihe ari ibintu bisanzwe.
Ibiciro bihanitse by’inkwano ariko ubu ngo bisigaye bituma abakobwa bamwe na bamwe nabo bishakira kurushinga bahitamo kwishyingira mu gihe babonye imiryango yabo yatsimbaraye ku nkwano zihenze.
Mu gihe rwose umukobwa ngo yikundira umusore ariko imiryango yabo ikananiranwa mu nkwano cyangwa ikaba itaboneka neza neza, umukobwa ataha ku musore bakibanira, uwo mugisha wa kibyeyi bakawihorera bakawuhabwa n’uwiteka kandi urugo rukanakomera.
Hari n’ubwo kandi iyo umusore n’inkumi babonye ibintu by’inkwano bizabahenda n’imiryango ikazana amananiza menshi bumvikana guterana inda maze amananiza y’inkwano n’amakwe ahenze bikavaho hakaba ubukwe bwa macye kandi bwihuse ibintu bikarangira. Hagasigara sakwe sakwe.
Inkumi z’iki gihe ariko nazo ngo zinenga abasore cyane gukunda no kwibera mu maraha. Abahungu benshi iki gihe ngo bitwaza inkwano maze bakibera mu buraya.
Abakobwa bageze igihe cyo gushaka usanga mu biganiro byabo bavuga bati “Nta bahungu bari serieux bakibaho”
Ibi ngo babiterwa no kubona n’iyo bari mu rukundo n’umusore bakaba bageze igihe cyo kurushinga batabura gutungurwa no kumva umusore yagiye guheheta mu twana tw’utwangavu dore ko ngo natwo muri iki gihe dushyushye cyane.
Abasore benshi ngo usanga bakunda gukomeza kwiberaho mu buzima mu tuzu bita ‘guetto’ aho batagira ubacunga, ubabaza byinshi ndetse habe n’umuganda bakora kuwa nyuma w’ukwezi.
Abakobwa bageze igihe cyo gushaka bakaba barahebye banenga abasore kubaho mu busambane gusa kuko ngo batabura abo basambana.
Ibi ngo rimwe na rimwe bituma bene aba bakobwa baba barakomeye ku busugi bwabo iyo babonye umusore ashobora kubacika kubera utwo dukumi tundi amenyereye birekura maze bigaca iyo byagaciye ari ngo basigasire uwo musore bazabane.
Ng’uko uko bihagaze ubu rero.
Abasore barataka inkwano ihenze kandi gutenda bitakibaho, abakobwa nabo bagashinja abasore kutaba ‘serieux’
www.gituba.org
Kurikira iyi blog kuri facebook
http://www.facebook.com/Igitsina(Groupe)
http://www.facebook.com/Igitsina (Page)

0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!