www.gituba.org
Abinyujije mu gitabo yanditse avuga ku buzima bwe, yasobanuye
uburyo nyina umubyara yamugize umusambanyi ruharwa ku ngufu kuva afite
imyaka 11 gusa y’amavuko kugeza aho amaze kuzuza imyaka 18 yaryamanye
n’abagabo basaga 2000 mu mwaka umwe gusa.
Nkuko bitangazwa na dailymail , Uyu mugore wihimbye Annabelle Forest
mu gitabo yanditse, yatanze ubuhamya bukomeye kandi buteye agahinda
buvuga uburyo abihatiwe na nyina umubyara yaryamanaga n’abagabo benshi
cyane kugira ngo idini nyina yasengeragamo ribashe kubona amafaranga
menshi yo gutera imbere.
Colin Batley wahohoteye uyu mwana
Jacqueline Marling nyina wa Annabelle
Colin Batley na Jacqueline Marling, nyina wa Annabelle, ubu barafunzwe bazizwa guhohotera umwana w’umukobwa. Annabelle kuri ubu ufite umuryango we bwite, ni we washinje nyina na Batley mu rukiko aho bakatiwe igifungo cy’imyaka 12. Yagize ati “Mu buzima ntakindi kintu cyigeze kimbabaza nka mama n’uriya mugabo.
Colin yigeze gufungwa azira guhohotera abana
Uru nirwo rusengero batangiragamo ibitambo byo kuryamana n’abasaza ku ruhande ni nyina n’umugabo baryamanaga
Mama yari ishitani kandi sinzigera mbimubabarira na rimwe mu buzima. Kubaho mu buzima bubabaje nka buriya ari nyoko ubiguteye yitwaje ngo imyemerere y’idini asengeramo ni agahinda gakomeye ntateze kuzakira.” Akomeza agira ati “Nafashwe ku ngufu ubwa mbere mfite imyaka 11 gusa y’amavuko.
Ikimbabaza kurushaho rero ni ukuntu yatumaga ntekereza ko ari amahitamo yanjye. Biteye agahinda kandi ni kimwe mu bintu bikomeye bibabaje bibaho. Ariko ngo zari inshingano zanjye ndetse cyani n’igikorwa cyiza kandi cy’ubutwari niko yambwiraga, ngo kandi ndamutse ntabikoze najya i Abyss ahafatwaga nk’ikuzimu muri iyo dini.
Jacqueline Marling na Elaine bakoze ubusambanyi bw’indengakamere.
Elaine afite imyemerere yo mu gihugu cya Egiputa
Yakomeje agira ati “Ikindi giteye agahinda kurushaho ni ukuntu iyo yabaga amaze kugukorera ibya mfura mbi yahitaga akubaza niba byakubereye byiza kandi byabaga ari itegeko ko musubiza yego nubwo mu mutima nabaga ndimo gupfa. Nari umunyeshuri ku manywa byagera nijoro inshingano zanjye zikaba imibonano mpuzabitsina n’abasaza.”
Colin Batley yakoresheje abagore benshi imibonano mpuzabitsina kugirango itorero ryabo ribone amafaranga
Amaze kugira imyaka 17 y’amavuko Annabelle yarasamye maze ahita afata umwanzuro wo guhunga akava mu rugo iwabo, akibeshaho. N’ubwo bitari byoroshye yaragiye abaho, arabyara ndetse hashize igihe agaruka mu gace k’iwabo aho yareze nyina na Colin ibikorwa bibi bamukoreye.
Yagize ati “Bamaze kumukatira nagiye kumusura muri gereza ngira ngo wenda ndebe ko yansaba imbabazi ngo anambwire ko ibyo yakoraga byose yabiterwaga na Colin ariko aho kugira icyo ambwira yubuye amaso aranyitegereza ijambo ryamuuye mu kanwa ryari iryo kumbaza icyo ndimo gukora aho.
Iki ni igitabo Annabelle avugamo intimba afite n’ibihe bikomeye yanyuzemo
Imyemerere y’iri torero biragaragara ko ishingiye ku mbaraga za satani
Byarandanze ariko kandi binampamiriza ko ibyambayeho byose yabigizemo uruhare rukomeye ko na we yari ishitani nkawe. Nanjye nk’umuntu wabyaye sinjya mbasha kwiyumvisha umutima mama afite. Ibyo yankoreye ndi umwana yibyariye sinzi niba byoroshye ko hagira n’undi mubyeyi ubyiyumvisha.” Nyuma y’aka kababaro Annabelle yasezeye burundu kuri nyina maze yikomereza ubuzima ubu abayeho neza we n’umugabo we n’abana 2 barimo n’uwo yasamye afite imyaka 17.
Kurikira iyi blog kuri facebook
http://www.facebook.com/Igitsina(Groupe)
http://www.facebook.com/Igitsina (Page)
0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!