www.gituba.org
Aba bagabo bombi basanzwe baziranye ariko bitari cyane, kuko uretse
kuba banywera agacupa ahantu hamwe ntahandi hantu bari barigeze
bahurira.Ubwo kuri uyu mugoroba barimo basangira agacupa umwe umugore we
yamuhamagaye mu gihe bakiri kuvugana telephone ivaho, niko kubwira
mugenzi we basangiraga agacupa ati: “Niba ufitemo amafaranga wantije
nkihamagarira umugore ko njye nta masegonda naguze.” Mugenzi we
yayimuhaye ariko hagati aho aaa agiye kwihagarika.
Ikintu cya mbere cyatangaje uyu mugabo n’uko agishyiramo numero
z’umugore we hahise hiyandikamo izina. Ntiyabiha agaciro cyane yibwira
ko ari bubaze uwo mugabo aho aziranye n’umugore we. Yahamagaye umugore
we baravugana barangije kuvugana mu gihe ari gukandagura akupa kubera no
kutamenyera iyo telephone nibwo yagiye kubona abona hajemo ifoto
y’umugore we.
Aribwira ati:”Buriya uyu mugabo wasanga akorana n’umugore wanjye
nkaba ntabizi reka ave kwihagarika aze mubaze uko bimeze.” Umugabo
yongeye gukandaho haba haje indi foto, arongera haza n’indi, kugeza ubwo
hatangiye kuza amafoto agaragaza ubwambure bw’umugore we. Umugabo
yumiwe biramurenga atangira kwiyamira, niko guhamagara abandi banyweraga
aho ati: “Muze mundebere ishyano ngwishije”. Abantu baraza barareba
nabo barumirwa ariko nyiriyo telephone we nta muntu n’umwe wamenye aho
yarigitiye. Uyu mugabo ubu aracyari mu iperereza ryo kumenya imvo
n’imvano y’aya mafoto agaragaza ubwambure bw’umugore we. Ikigaragara
n’uko aho azafatira nyir’iyi telephone, ibyatsi nibyo bizaharenganira.
Ibi turabivuga dukurikije ko amafoto yo ubwayo agaragaza ibyo bari
barimo mu gihe ayo mafoto yafotorwaga. Icyadutangaje n’uko uyu mugabo
yavuze ko ntakintu na kimwe ari bubaze umugore we.
Kurikira iyi blog kuri facebook
http://www.facebook.com/Igitsina(Groupe)
http://www.facebook.com/Igitsina
(Page)
Related Posts by Categories
0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!