www.gituba.org
Nyuma y’ibyumweru bitatu
Polisi ya Uganda ishakisha umuhanzi Desire Luzinda ndetse byarabaye
ingorabahizi kumugeraho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Ugushyingo 2014
yishyikirije inzego z’umutekano anatangira kwisobanura ku cyaha
akurikiranyweho.
Nk’uko Redpepper yabitangaje, Desire Luzinda yageze ku cyicaro gikuru
cya Polisi ahagana ku isaha ya saa tanu z’amanywa aherekejwe
n’abanyamategeko be babibiri Isaac Semakadde na Sheila Namahe.
Desire Luzinda yahise ashyikirizwa Umuvugizi Mukuru wa Polisi maze atangira guhatwa ibibazo. Ubugenzacyaha bwamubajije byinshi ku bijyanye n’amafoto ye yambaye ubusa yashyizwe hanze mu minsi yashize ndetse anasabwa kwisobanura impamvu yakomeje kunaniza abashinzwe umutekano mu gihe cyose amaze yihishe.
Desire ntiyavuze amagambo menshi imbere y’ubugenzacyaha ndetse ngo yagaragazaga ubwoba bwari bwinshi kugeza ubwo n’icyuya cyamurenze nk’uko Redpepper yakomeje ibisobanura.
Nyuma yo kwishyikiriza Polisi Desire Luzinda yagize ati “Nyewe nishyikirije ubutegetsi kugira ngo bumfashe ndetse najye mbufashe. Niteguye gufasha Polisi ku makuru yose yaba ikeneye ndetse no kugira ngo iperereza rigende neza”
Abajijwe ibijyanye n’amafoto ye yambaye ubusa yemeye ko ari aye kandi yicuza ibyabaye byose gusa ngo nta ruhare yabigizemo kugira ngo ashyirwe ku karubanda.
Polly Namaye wungirije ushinzwe itumanaho muri Polisi ya Uganda yemeje ko Desire Luzinda atagomba gufungwa mbere y’uko iperereza rikorwa. Yongeraho ko Polisi igiye gushyira imbaraga nyinshi mu gushakisha Umunyanijeriya Franklin bahoze bakundana dore ko ari we washyize aya mafoto y’urukozasoni hanze.
Desire yongeye gusaba imbabazi ndetse yizeye ko ubutabera bugiye kumufasha gusohoka muri ibi bibazo neza.
Yagize ati “Nkeneye ubutabera nongeye gusaba imbabazi umuryango wanjye n’abakunzi banjye kandi niteguye gufasha Polisi mu iperereza iryo ari ryo ryose”.
Desire yishyikirije Polisi y’igihugu nyuma y’uko asohoye indirimbo
Ekitone ivuga ku bibazo amazemo iminsi ndetse ikaba yarakorewe
n’amashusho.
Desire Luzinda yahise ashyikirizwa Umuvugizi Mukuru wa Polisi maze atangira guhatwa ibibazo. Ubugenzacyaha bwamubajije byinshi ku bijyanye n’amafoto ye yambaye ubusa yashyizwe hanze mu minsi yashize ndetse anasabwa kwisobanura impamvu yakomeje kunaniza abashinzwe umutekano mu gihe cyose amaze yihishe.
Desire ntiyavuze amagambo menshi imbere y’ubugenzacyaha ndetse ngo yagaragazaga ubwoba bwari bwinshi kugeza ubwo n’icyuya cyamurenze nk’uko Redpepper yakomeje ibisobanura.
Nyuma yo kwishyikiriza Polisi Desire Luzinda yagize ati “Nyewe nishyikirije ubutegetsi kugira ngo bumfashe ndetse najye mbufashe. Niteguye gufasha Polisi ku makuru yose yaba ikeneye ndetse no kugira ngo iperereza rigende neza”
Abajijwe ibijyanye n’amafoto ye yambaye ubusa yemeye ko ari aye kandi yicuza ibyabaye byose gusa ngo nta ruhare yabigizemo kugira ngo ashyirwe ku karubanda.
Polly Namaye wungirije ushinzwe itumanaho muri Polisi ya Uganda yemeje ko Desire Luzinda atagomba gufungwa mbere y’uko iperereza rikorwa. Yongeraho ko Polisi igiye gushyira imbaraga nyinshi mu gushakisha Umunyanijeriya Franklin bahoze bakundana dore ko ari we washyize aya mafoto y’urukozasoni hanze.
Yagize ati “Nkeneye ubutabera nongeye gusaba imbabazi umuryango wanjye n’abakunzi banjye kandi niteguye gufasha Polisi mu iperereza iryo ari ryo ryose”.
Iyi ni imwe mu mafoto Desire azira
Kurikira iyi blog kuri facebook
http://www.facebook.com/Igitsina(Groupe)
http://www.facebook.com/Igitsina (Page)
0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!