Ndagije (izina ryahinduwe) yakubiswe icupa mu
mutwe n’umukobwa bivugwa ko akora umwuga w’uburaya mu Mudugudu
w’Intwari, Akagari ka Rwampala, Umurenge wa Nyarugenge amukomeretsa mu
mutwe.
Abatabaye Ndagijimana bakeka ko uwamukubise baryamanye nyuma
akanga kuyishyura. Nsengumuremyi Marc wahageze agasanga Ndagije
avirirana mu masaha ya mugitondo yavuze ko atazi neza uko byagenze gusa
yemeza ko iyo ndaya bari kumwe ijoro ryose mu kabari k’uwitwa Giramata
gaherereye ahohafi y’aho byabereye.
Yagize ati “Ibya Olivier sinzi uko byagenze... nkeka ko baba bararanye akanga kuyishyura cyangwa bari bararyamanye akaba yaranze kuyishyura ikamurwarira inzika.”
Yakomeje avuga ko iyo ndaya yamukibise ahagana nko mu masaha
y’urukerera yitwa Rehema, ndetse bivugwa ko uyu Ndagije, afite umugore
babyaranyeariko ngo ntibabana.
Nyuma y’uko abantu benshi bari bamaze kuhagera bahise bamujyana ku ivuriro ryo “Kwa Nyiranuma” mu Biryogo, ku by’amahirwe akaba ari afite mituweli.
Niyonsaba Japhet Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwampala aho uyu mugabo yakubitiwe, yavuze ko uwabikoze agishakishwa anagira n’icyo avuga kuri ba nyiri utubari badafuga kare; ati “Abafite utubari tugomba kugirana ibiganiro bakagira amasaha ntarengwa bagomba gufungira bayarenza bakabihanirwa”.
Yagize ati “Ibya Olivier sinzi uko byagenze... nkeka ko baba bararanye akanga kuyishyura cyangwa bari bararyamanye akaba yaranze kuyishyura ikamurwarira inzika.”
Nyuma y’uko abantu benshi bari bamaze kuhagera bahise bamujyana ku ivuriro ryo “Kwa Nyiranuma” mu Biryogo, ku by’amahirwe akaba ari afite mituweli.
Niyonsaba Japhet Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwampala aho uyu mugabo yakubitiwe, yavuze ko uwabikoze agishakishwa anagira n’icyo avuga kuri ba nyiri utubari badafuga kare; ati “Abafite utubari tugomba kugirana ibiganiro bakagira amasaha ntarengwa bagomba gufungira bayarenza bakabihanirwa”.
1 comments:
Haha
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!