www.gituba.org
Nk’uko Daily Mail yabitangaje, uyu mukecuru usatira imyaka 60
y’ubukure yatunguranye mu buryo bukomeye ubwo yaririmbaga mu Live
indirimbo ye nshya yise ‘Living For Love’.
Uyu muhanzi yatunguranye ubwo yazaga ku rubyiniro aherekejwe
n’abagabo bari bipfutse mu maso ku buryo amasura yabo atagaragaraga maze
babyina imbyino zivanzemo ibikorwa benshi bafashe nk’ibyigisha
ubusambanyi dore ko hari abana bari munsi y’imyaka 18 bari bakurikiye
uyu muhango kuri Televiziyo zitandukanye.
Madonna usanzwe azwiho gukora udushya mu bitaramo nko kwiyambika
ubusa, kwerekana amabere ye n’ibindi, yatangaje abantu cyane mu mbyino
yerekanye ziganjemo ubusambanyi abifashijwemo n’umwe mu bagabo basanzwe
bamubyinira.
Indirimbo ye Living For Love ntiyishimiwe cyane dore ko abantu batari
bayizi kugeza ubwo yabasabye ko bahaguruka bakajya basubiramo amwe mu
magambo y’inyikirizo agira ati, ‘Love, love lift me’.
Madonna, umwe mu bahanzi bageze mu zabakuru ariko bacyigaragaza
nk’urubyiruko benshi bamunenze ku myitwarire yagaragaje muri ibi birori
ndetse bakavuga ko akwiye gusaza neza mu cyubahiro ibintu byo
kwiyandarika akabireka dore ko mu mpera z’umwaka ushize nabwo yasohoye
amafoto y’ubwambure bwe agakoreshwa mu kinyamakuru cya Interview
Magazine.
Ku myaka 56 umuhanzi Madonna
yakoreye ibisa n’ubusambanyi ku rubyiniro n’ababyinnyi be ubwo
yaririmbaga mu birori byo gutanga ibihembo bya Grammy Awards 2015
http://www.facebook.com/Igitsina
(Page)
Related Posts by Categories
0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!