Nkuko bitangazwa n’aba bashakashatsi, umugore wambaye ibara ritukura agaragarira kure ndetse akaba asa nk’ufite ubushobozi bwo kuba yaha ibihe byiza umugabo igihe cyose habaye imibonano mpuzabitsina kurusha abambaye andi mabara.
Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bagabo 96 b’Abanyamerika n’abakomoka muri Autriche babishaka. Muri iki gikorwa, aba bagabo berekwaga amafoto ariho abagore bambaye imyenda itukura, y’umweru cyangwa icyatsi.
Icyagaragariye abashakashatsi vuba ni uko abari bambaye umutuku bagaragaraga ubwuzu kurusha abari bambaye andi mabara. Nyuma mu kiganiro, abakozweho ubushakashatsi baje gusubiza ko abari bambaye umutuku bagaragara nk’abadashobora guhakana igihe cyose umugabo yashaka kuryamana na bo.
Mu bijyanye no gukurura abagabo, ibara ritukura rikaba rimaze kogera cyane kuko rikunze gukoreshwa n’abagore bagira ngo abagabo bakunde babasange.

0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!