Ubuhamya

Gukuna

Search This Blog

Ese Urukingo rwa cancer y’inkondo y’umura ruyikingira 100%


Amafoto y'Igituba | Video so Guswera

Cancer y’inkondo y’umura ni imwe mu ndwara zica abagore benshi ku isi, indwara idashobora kwica umugabo n’umwe kuko abagabo bo nta mura bagira. Urukingo rw’iyi cancer y’inkondo y’umura rukaba rwarahawe abakobwa b’u Rwanda mu minsi ishize, hanyuma bakazaba bakingiwe neza nyuma yo kuruhabwa inshuro eshatu mu gihe cy’amezi atandatu. Ariko se uru rukingo rwa Cancer y’inkondo y’umura rwaba ruyikingira ku kigero kingana iki?

Turebye ku rubuga rwa Internet rwa rumwe mu nkingo zishobora kwifashishwa hakingirwa cancer y’inkondo y’umura rwitwa Gardasil ari narwo rwatanzwe mu Rwanda (kugeza ubu hakozwe inkingo ebyiri gusa), ku rubuga rwitwa http://www.gardasil.fr, dusanga uru rukingo ubusanzwe ruhenze cyane n’ubwo mu Rwanda barutangiye ubuntu. Ngo igitonyanga kimwe bakigurisha 123Euro, kandi kugirango buri mukobwa abe akingiwe neza hagomba gukoreshwa ibitonyanga bitatu. Bivuga ngo icyo gihe ucyingirwa utanze 369Euro, hafi 320.000Frws. Ibi biciro bikagenda byiyongera bitewe n’igihugu, aho nko mu Bufaransa umuntu umwe atanga hafi 420.000Frws kugirango akingirwe.

Kubera ukuntu uru rukingo ruhenda, u Rwanda nirwo rubaye urwa mbere mu gutanga uru rukingo ku baturage barwo muri Afrika. Ibi bakaba barabifashijwemo n’imiryango mpuzamahanga itandukanye.

Uru rukingo rero, abarukoze bavuga ko rugenewe abana b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka 14, ba bandi bataratangira gukora imibonano mpuzabitsina. Nanone ariko bavuga ko uru rukingo rushobora guhabwa abakobwa bari hagati y’imyaka 15 na 23, ariko aba bakobwa bakaba batarakora imibonano mpuzabitsina na rimwe, cyangwa se baba barayikoze, nibura hakaba hatarashira umwaka batangiye kuyikora.

Uru rukingo ntirukingira cancer y’inkondo y’umura 100%. Kuri uru rubuga, bavuga ko uru rukingo ruyikingira ku kigero cya 70%, bityo naho waba warakingiwe, abakobwa n’abagore bakora imibonano mpuzabitsina bakaba bagirwa inama yo gukomeza kujya bisuzumisha mu gihe runaka, wenda nka rimwe mu myaka ibiri, kugirango barebe niba batarandura virus itera cancer y’inkondo y’umura kuko iyo ivumbuwe kare ivurwa igakira.

Impamvu uru rukingo rutarinda cancer y’inkondo y’umura ku kigero cy’ijana ku ijana, ngo akaba ari uko idakingira ubwoko bwose bwa Virus zishobora gutera iyi cancer. Gusa, izo rukingira nizo zikunda kuyitera. Izo virus uru rukingo rwa gardasil rukingira rero, ni HPV z’ubwoko bwa 6, 11, 16 na 18. Hakaba hari ubundi bwoko bwa HPV bugera ku icumi busigaye bushobora gutera cancer ariko butavuzwe aha kuko gardasil itabukingira.

Shyiraho Igitekerezo!

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

Shyiraho igitekerezo cyawe!