Cancer
y’inkondo y’umura ni imwe mu ndwara zica abagore benshi ku isi, indwara
idashobora kwica umugabo n’umwe kuko abagabo bo nta mura bagira.
Urukingo rw’iyi cancer y’inkondo y’umura rukaba rwarahawe abakobwa b’u
Rwanda mu minsi ishize, hanyuma bakazaba bakingiwe neza nyuma yo
kuruhabwa inshuro eshatu mu gihe cy’amezi atandatu. Ariko se uru rukingo
rwa Cancer y’inkondo y’umura rwaba ruyikingira ku kigero kingana iki?
Turebye
ku rubuga rwa Internet rwa rumwe mu nkingo zishobora kwifashishwa
hakingirwa cancer y’inkondo y’umura rwitwa Gardasil ari narwo rwatanzwe
mu Rwanda (kugeza ubu hakozwe inkingo ebyiri gusa), ku rubuga rwitwa
http://www.gardasil.fr, dusanga uru rukingo ubusanzwe ruhenze cyane
n’ubwo mu Rwanda barutangiye ubuntu. Ngo igitonyanga kimwe bakigurisha
123Euro, kandi kugirango buri mukobwa abe akingiwe neza hagomba
gukoreshwa ibitonyanga bitatu. Bivuga ngo icyo gihe ucyingirwa utanze
369Euro, hafi 320.000Frws. Ibi biciro bikagenda byiyongera bitewe
n’igihugu, aho nko mu Bufaransa umuntu umwe atanga hafi 420.000Frws
kugirango akingirwe.
Kubera
ukuntu uru rukingo ruhenda, u Rwanda nirwo rubaye urwa mbere mu gutanga
uru rukingo ku baturage barwo muri Afrika. Ibi bakaba barabifashijwemo
n’imiryango mpuzamahanga itandukanye.
Uru
rukingo rero, abarukoze bavuga ko rugenewe abana b’abakobwa bari mu
kigero cy’imyaka 14, ba bandi bataratangira gukora imibonano
mpuzabitsina. Nanone ariko bavuga ko uru rukingo rushobora guhabwa
abakobwa bari hagati y’imyaka 15 na 23, ariko aba bakobwa bakaba
batarakora imibonano mpuzabitsina na rimwe, cyangwa se baba barayikoze,
nibura hakaba hatarashira umwaka batangiye kuyikora.
Uru
rukingo ntirukingira cancer y’inkondo y’umura 100%. Kuri uru rubuga,
bavuga ko uru rukingo ruyikingira ku kigero cya 70%, bityo naho waba
warakingiwe, abakobwa n’abagore bakora imibonano mpuzabitsina bakaba
bagirwa inama yo gukomeza kujya bisuzumisha mu gihe runaka, wenda nka
rimwe mu myaka ibiri, kugirango barebe niba batarandura virus itera
cancer y’inkondo y’umura kuko iyo ivumbuwe kare ivurwa igakira.
Impamvu
uru rukingo rutarinda cancer y’inkondo y’umura ku kigero cy’ijana ku
ijana, ngo akaba ari uko idakingira ubwoko bwose bwa Virus zishobora
gutera iyi cancer. Gusa, izo rukingira nizo zikunda kuyitera. Izo virus
uru rukingo rwa gardasil rukingira rero, ni HPV z’ubwoko bwa 6, 11, 16
na 18. Hakaba hari ubundi bwoko bwa HPV bugera ku icumi busigaye
bushobora gutera cancer ariko butavuzwe aha kuko gardasil itabukingira.

0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!