Minisitiri wo mu gihugu cya Taïwan Stephen Shen, ufite mu nshingano ze ibidukikije arasaba abagabo bose bo muri iki gihugu kujya banyara bicaye aho guhagarara mu rwego rwo kwirinda kwanduza umusarani.
Inkuru dukesha 7sur7 ivuga ko umuvugizi wa Minisiteri y’Ibidukikije ubwo yabazawaga na AFP kubijyanye n’iki cyemezo kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko bizagorana cyane gucunga imisarani rusange, kuko hari aho usanga hari ahagenewe ko hihagarika abagabo gusa.
Ku bw’izo mpamvu abagabo barashishikarizwa kubitangirira mu ngo zabo.
Mu gihugu cya Suède, naho hari aho ushinzwe ubusitani yategetse abana b’abahungu kujya banyara bicaye ku musarani, bityo inama nkuru yo mu gace ka Sömland batangira kwiga ku kuntu babigira itegeko.
0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!