Umugore w’imyaka 40 ukomoka mu gihugu cya Bangladesh, akoresheje icyuma yaciye igitsina cy’umugabo washakaga kumufata ku ngufu maze akijyana kuri police nk’ikimenyetso simusiga.
Inkuru dukesha ikinyamakuru Le Figaro cy’uyu munsi itangaza ko uwo mugore wakoze ibyo yari ufite umugabo n’abana batatu, akaba yaratewe mu ijoro ryo kuwa gatandatu iwe mu rugo rwe ruherereye mu ntara ya Jhalakathi mu gihe yari aryamye.
Umuvugizi wa Police muri ako karere yatangarije ibiro ntaramakuru by’u Bufaransa (AFP) ko mu gihe uwo mugabo yageragezaga kumufata ku ngufu, nyamugore nawe yahise amukata igitsina akoresheje icyuma. Ati " Yahise apfunyika neza icyo gitsina amaze gukata mu isashi maza akizana hano kuri Police ya Jhalakathi nk’ikimenyetso simusiga."
Uwo muvugizi wa police yavuze kandi ko uwo mugore yahize anatanga ikirego mu rukiko cy’uko yari agiye gufatwa ku ngufu n’uwo mugabo w’imyaka 40 ufite abana batanu, ndetse ko yari yaramuzengereje kuva mbere hose ho amezi atandatu.
Iyo nkuru isoza ivuga ko igice cy’igitsina cyakaswe cy’uwo mugabo kikiri kuri police y’akarere ka Jhalakathi, naho uwo mugabo akaba yaremerewe kujyanwa mu bitaro gukorerwa ubuvuzi bw’ibanzwe, akazashyikirizwa ubutabera amaze koroherwa.
Urakoze gusoma www.gituba.org, shyiraho igitekerezo cyawe, inama, , experiences zawe, duhe inkuru n'amafoto ku igitsina no ku urukundo kuri info@igituba.org
Kurikira iyi blog kuri facebook
http://www.facebook.com/Igitsina

0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!