Umuti umaze kuba impfabusa, uwo mugore muto wa Turimubanzi afatanyije n’umupfumu Kabuye bacuze umugambi wo kugambanira umugore mukuru Kariza bakamutera imiti ihumanya.
Nyuma y’igihe gito, umupfumu Kabuye yagiye kwa Turimubanzi asanga ari kumwe n’umugore we mukuru Kariza, ariko icyo gihe bari basuwe na murumuna w’umugabo. Kabuye yabwiye Turimubanzi ko agiye kumuha umuti wazana amahoro mu rugo rwe, maze asaba murumuna we gusohoka hanze. Yarasaze Kariza ku gitsina akoresheje urwembe, maze ategeka umugabo we Turimubanzi kunyunyuza amaraso menshi yavagamo, umugabo ntiyatinya gutega umunwa arayamira”.
Kubera gutaka kwa Kariza wababaraga cyane, abayobozi barahuruye baratabara, umugabo Turimubanzi, umugore we muto n’umupfumu Kabuye batawe muri yombi, bakaba bafungiye kuri Station ya Polisi ya Kayonza.
Ubuyobozi bubivugaho iki ?
Murekezi Claude, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murundi ibi byabereyemo yatangaje koko ibyo byago byabaye, yongeraho ko uwo mupfumu Kabuye atemewe nk’umuvuzi gakondo, ngo kandi ibyo akekwaho byose arabyemera akanabisabira imbabazi.
Urakoze gusoma www.gituba.org, shyiraho igitekerezo cyawe, inama, , experiences zawe, duhe inkuru n'amafoto ku igitsina no ku urukundo kuri info@igituba.org
Kurikira iyi blog kuri facebook
http://www.facebook.com/Igitsina
Urakoze gusoma www.gituba.org, shyiraho igitekerezo cyawe, inama, , experiences zawe, duhe inkuru n'amafoto ku igitsina no ku urukundo kuri info@igituba.org
Kurikira iyi blog kuri facebook
http://www.facebook.com/Igitsina

0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!