www.gituba.org
Umwe mu banditsi w’Umwongereza
wiyise Diphallic Dude cyangwa DDD (Double Dick Dude) bivuga Umuhungu
w’Ibitsina Bibiri, yasohoye igitabo cy’amapaji 76 kivuga byinshi ku
buzima amazemo imyaka 20 yo kuba yaravukanye ibitsina bibiri.
Amakuru dukesha The Independent agaagaza ko iki gitabo cyamuritwe
kuri Noheli cyiswe “Ubuzima bwanjye n’ibitsina bibiri”, akaba
yarafashijwe n’inzu y’icapiro Amazon Digital Services Inc. cyane ko
anazwiho kuba yaramenyekanye cyane akina umukino wo kubazwa ibibazo
binyuranye (AMA/Ask Me Anything).
Muri uyu mukino bivugwa ko ari ho yamenyekaniye cyane kuko yari abaye uwa kane muri wo akurikiye bari basanzwe ari ibikomerezwa nka Arnold Schwarzenegger na Harrison Ford.
Kuva ubwo ibitangazamakuru binyuranye byamwirutseho bimubaza ku buzima bwe nk’umuntu wavukanye ibitsina-gabo bibiri. DDD yafashe amasaha 48 avugana n’itangazamakuru, asobanura iby’iyo nenge yavukanye bita Diphalia akaba ayimaranye imyaka 20.
Ubusahakashatsi buvuga ko umuntu umwe muri miliyoni 5.5 ku Isi
avukana ubu busembwa, ariko bake cyane muri bo baba bafite ibitsina
bifata umurego byombi ngo bikore akazi.
Muri mwaka ushize ni bwo DDD yafashe icyemezo cyo kwandika mu magambo arambuye ku buzima bwe. Avugamo uko yabibanye mu bwana bwe, n’igihe yamenyeye ko adasanzwe, uko ababyeyi bamwihanganishaga, banamwumvisha uko agomba kwitwara mu rungano.
Ubu hamaze kugurwa ibitabo bigera ku 192, kikaba gikunzwe ku isoko aho limwe kigurwa ku madolari 10. Ababashije kugisoma barakirahirira, bavuga ko gishimishije kandi kiryoheye gusoma. Abandi bemeza ko cyanditswe ku buryo mu kugisoma uhita wumva DDD uwo ari we.
Umwe ati “Naryohewe rwose no kugisoma, bituma nyoterwa no gukomeza gusoma iby’ubuzima bw’uriya muntu n’imikundanire ye”
Abasomyi benshi bamaze gucika ururondogoro kubera kiriya gitabo. Umwitwa Christopher Kea n’abandi 10 bahamya ko gishimishije kandi gitanga amakuru abantu batakekaga. Ati “Gihishura uko kubana n’ibitsina-gabo bibiri bimera, mu bwana, mu buzima bw’ishuri, n’imyitwarire mu bo mudahuje igitsina. Asobanura neza uko yabyitwayemo, agendeye ku nama z’ababyeyi bamwumvishije ko ari umuntu udasanzwe, aho kuba adasa n’abandi.”
Hari n’abavuga ko kitasomwa n’ubonetse wese, ariko kimeze neza, nubwo cyanditswe n’umuntu utari inzobere mu bwanditsi, ariko ni umuntu uzi kubara inkuru. Uyu muntu wiyise DDD, avuga ko atifuje gutangaza amazina ye nyayo, yirinda ko abantu bamutesha umutwe ari byo bamubaza gusa.
Agira ati “Iyo rubanda imenye ko udasanzwe, ntiba ikiguhaye umwanya wo kuba wenyine, ngo utuze utekereze ibyawe mu bwigenge. Iyo niha kujya imbere ya za kamera, samba nkiri njye, baba bamonamo umunyabibiri gusa, kandi mfite uko ndiho kwanjye.”
Muri uyu mukino bivugwa ko ari ho yamenyekaniye cyane kuko yari abaye uwa kane muri wo akurikiye bari basanzwe ari ibikomerezwa nka Arnold Schwarzenegger na Harrison Ford.
Kuva ubwo ibitangazamakuru binyuranye byamwirutseho bimubaza ku buzima bwe nk’umuntu wavukanye ibitsina-gabo bibiri. DDD yafashe amasaha 48 avugana n’itangazamakuru, asobanura iby’iyo nenge yavukanye bita Diphalia akaba ayimaranye imyaka 20.
Muri mwaka ushize ni bwo DDD yafashe icyemezo cyo kwandika mu magambo arambuye ku buzima bwe. Avugamo uko yabibanye mu bwana bwe, n’igihe yamenyeye ko adasanzwe, uko ababyeyi bamwihanganishaga, banamwumvisha uko agomba kwitwara mu rungano.
Ubu hamaze kugurwa ibitabo bigera ku 192, kikaba gikunzwe ku isoko aho limwe kigurwa ku madolari 10. Ababashije kugisoma barakirahirira, bavuga ko gishimishije kandi kiryoheye gusoma. Abandi bemeza ko cyanditswe ku buryo mu kugisoma uhita wumva DDD uwo ari we.
Umwe ati “Naryohewe rwose no kugisoma, bituma nyoterwa no gukomeza gusoma iby’ubuzima bw’uriya muntu n’imikundanire ye”
Abasomyi benshi bamaze gucika ururondogoro kubera kiriya gitabo. Umwitwa Christopher Kea n’abandi 10 bahamya ko gishimishije kandi gitanga amakuru abantu batakekaga. Ati “Gihishura uko kubana n’ibitsina-gabo bibiri bimera, mu bwana, mu buzima bw’ishuri, n’imyitwarire mu bo mudahuje igitsina. Asobanura neza uko yabyitwayemo, agendeye ku nama z’ababyeyi bamwumvishije ko ari umuntu udasanzwe, aho kuba adasa n’abandi.”
Hari n’abavuga ko kitasomwa n’ubonetse wese, ariko kimeze neza, nubwo cyanditswe n’umuntu utari inzobere mu bwanditsi, ariko ni umuntu uzi kubara inkuru. Uyu muntu wiyise DDD, avuga ko atifuje gutangaza amazina ye nyayo, yirinda ko abantu bamutesha umutwe ari byo bamubaza gusa.
Agira ati “Iyo rubanda imenye ko udasanzwe, ntiba ikiguhaye umwanya wo kuba wenyine, ngo utuze utekereze ibyawe mu bwigenge. Iyo niha kujya imbere ya za kamera, samba nkiri njye, baba bamonamo umunyabibiri gusa, kandi mfite uko ndiho kwanjye.”
0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!