Nk’uko ladepeche.fr ibivuga Abdel Rahmane Nayef-Obaidi w’imyaka 22 y’amavuko mu ntangiriro z’uyu mwaka yakunze umwe muri babyara be witwa Intidhar w’imyaka 17, hanyuma aza gukunda na mukuru we Souad w’imyaka 21.
Byamutwaye nibura ukwezi kumwe kugira ngo abashe gufata icyemezo, yabibwiye ababyeyi be barabyemera ariko benshi mu muryango we barabyanga.
Kubyumvisha abo bakobwa bombi byaramugoye. Intidhar yamubwiye ko abyemeye ariko nawe akemera ko bose azabafata kimwe, Souad we yabanje gutungurwa n’icyo cyifuzo cya Abdel ariko nyuma arabyemera. Umuvandimwe wa Abdel yagize uruhare rukomeye mu kubyumvisha imiryango yombi.
Amategeko ya Kiyisilamu yemera ko umugabo ashaka abagore bane. Abdel yakoye amadolari 1.985 kuri buri mukobwa, ubwo bukwe bwabaye tariki 6 Mutarama muri uyu mwaka turimo.
0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!