www.gituba.org
Kenshi iyo ushatse kubwira uwiyita “umukozi w’Imana” ku
bintu akora bidasanzwe ahita akubwira ko urimo “kurwanya umwuka
w’Imana.” Rimwe ati “nagusengera ugapfa”, “ushaka gukora mu jisho
ry’Imana?” “na Yesu baramurwanyije” ,”mfite uko mbana n’Imana yanjye”
n’ibindi.
Ntabwo ndibanda cyane ku bisubizo bitangwa, ahubwo icyo nshaka ko
twumva ni iki: Ese koko umuntu wiyita umukozi w’Imana akubwiye ko
Abarozi bakuvumye ko utazabona umugabo keretse gusa amaze kugusambanya
koko Imana iba ibimuhishuriye? Igisubizo namwe mukihe.
Ushobora kugira ngo aya makuru ntafitiwe gihamya, ariko ibi biriho
muri Kigali ndetse nahamwe mu ntara kandi hari n’abo byabayeho
babyivugira. Akenshi iyo tubonye abantu bafite za Bibiliya, abenshi
dukunze guhita turebera inyuma kuko ariho tubona. Tuti “uriya mukobwa ni
umunyamasengesho.” Ariko si kuri bose kuko hari abatangiye kwicuza
impamvu baba bagiye muri ayo masengesho.
Ese ikibazo ubundi twagishyira kuri nde? Ku ba pasitoro? Ku
bakristo? Ku bahanuzi? Kuri RGB ko ariyo ifite amadini n’amatorero mu
nshingano?
Umutangabuhamya twaganiriye ariko ansaba kudatangaza amazina ye.
Yambwiye ko umunsi umwe muri Nzeli 2014 mu nzu ye, umukobwa w’inshuti
yamusabye ko yamutiza icyumba ko ashaka ko pasiteri azaza kumusengera.
Nawe arakimuha. Mu magambo ye yarambwiye ati ” ubwo navuye ku ishuri
nsanga nyine uwo mukobwa ari kumwe n’uwo mupasiteri mu cyumba bafunze.
Ubwo nahise nicara muri Saloon ntegereza ko basohoka. Bagisohoka
umukobwa akinkubita amaso yahise arira atekereje ibyo amaze gukorerwa.
Pasiteri nawe n’amasoni menshi atangira kunyibwiza ubusa ngo nanjye
Imana iranshaka, ngo inkureho imivumo ya Karande. Bitewe n’umujinya nari
mfite y’uburyo natije icyumba nzi ngo ni ugusenga kandi bagiye
gusambana numvaga nahita muniga.”
Uyu mukobwa yakomeje agira ati “natunguwe no kumva icyo gipasiteri
cy’igitekamutwe gitangiye kumbwira ubuzima nanyuzemo bwose ngo ni Imana
ibigihishurira ariko kuko nari mfite umujinya nahise mubwira ngo mva
imbere uzajye gutekera imitwe abandi. Cyasohokanye isoni kiragenda.
Mbajije uwo mukobwa cyavugaga ko cyamukuragaho imivumo, yambwiye ko
cyamubwiye ngo imivumo imuvaho ari uko kimusambanyije, ngo nawe
arabyemera. Yambwiye ko yabanje kumwoza n’isabune muri sexe n’amavuta
ya Vaseline arangije ngo aramusambanya, arangije ngo aramusengera ariko
ngo byose yabanje kumutera ubwoba”
Akimbwira ibi, njye nahise nsa n’uguye mu kantu. Ariko ambwira ko
hari n’abandi bakobwa azi uwo mugabo abikorera ndetse ko akiba muri
Kigali.
Ntihaciye iminsi myinshi nyuma y’iyi nkuru numva kuri Radio imwe mu
Rwanda umwe mu ba Apotre arimo kwigisha ijambo ry’Imana mu gitondo.
Avuga ko hari umugore uherutse kuza ngo amusengere ngo amusige amavuta.
Maze uwo mugore amubwira ko atamenyereye ko asigwa amavuta ku gahanga.
Apotre yavuze ko uwo mugore yamusabye ko abanza akamukuramo imyenda yose
kuko ngo amenyereye abamusiga amavuta umubiri wose.Gusa ngo Apotre
yahise abona ko uwo mugore yuzuye abadayimoni.
Nyuma y’icyumweru nanone numvise ibi, naganiriye n’undi mugabo nawe
hano muri Kigali ambwira amakuru ajya gusa n’ariya ariko yo umupasiteri
akaba yari umugore, asaba abasore ko yabakuraho imivumo baryamanye
nawe.
Izi ngero zose zihita zituma nibaza ngo “ese ubundi iyo ni imivumo
abo bapasitoro baba bakura muri abo bayoboke babo cyangwa ni imyuka
mibi babashyiramo? Ese ubundi iki kibazo twakibaza abanyamadini bagenzi
babo cyangwa twakibaza abakorerwa aya mahano?”
Aya makuru ajya gusa n’indi nkuru nigeze gutara muri Kigali, aho
umugabo yari afite icyumba cy’amasengesho, ariko asengera abakobwa gusa
ibyo bitaga “Guhanurirwa”. Icyari kibabaje ni uko muri abo bahasengeraga
umwe muri abo bakobwa yagomba kurarana n’uwo musore, ejo abandi bakaza
bahamusanga. Sinatangajwe no kuba akora ibyo ahubwo natangajwe
n’ibitutsi yantutse amaze kumenya ko ndi umunyamakuru ko natangaje iyo
nkuru. Ati “ndakuvumye,…”n’ibindi ntasubiramo
Byatumye nibaza nti “ubundi ni nde utuma abakobwa bashukika kugeza
aho babeshwa ko kugira ngo bazabone umugabo, cyangwa bazabyare ari
ngombwa kuryamana n’abiyita abakozi b’Imana?”
Hari abumva izi nkuru bakumva ni ibintu abantu batavugaho ” ngo ni abakozi b’Imana ngo Imana niyo ibazi n’ibindi.
Ariko reka turebe iki kibazo mu buryo bwimbitse. Aba bantu iyo
basambana ntibakoresha udukingirizo cyangwa se byibuze ngo uwo
baryamanye bamugire umugore. Ibi bivuze ko harimo ingaruka nyinshi zo
gukwirakwiza no kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nka
Virusi itera SIDA.
Ikindi kiyongeyeho ni uko ibi bikorerwa mu biyita abahanuzi,
cyangwa abakozi b’Imana.Ndetse ugasanga akenshi bakoresha gutera umuntu
ubwoba ko bamusengera agapfa igihe cyose haba hari umuntu ugerageje
kubereka ko ari amakosa.
Ntawagira impungenge zo kwemeza aya makuru, kuko uyu munsi mu
Rwanda hari amadini arenga 3000 ariko agera ku 1000 muri yo. ni yo
yahawe ubuzima gatozi n’ikigo cy’ igihugu cy’imiyoborere (RGB) bwo
gusenga mu ruhame. Bivuze ko agera ku bihumbi bibiri asenga rwihishwa.
Amwe agasengera mu byumba by’inzu zituwemo, muri Salle za Hoteli, mu
tubare, ndetse no mu nsengero zitemewe. Sinshatse kuvuga ko abadafite
ubuzimagatozi bose bakora ibyo twahereyeho, ariko n’ababikora nta
nsengero zizwi bafite ni ugukoresha iturufu yo guhanura.
Nibwira ko niba koko bakorera Imana, bakurikiza ibyo Bibiliya
yigisha. Naho ntawatinya kuvuga ko ari imyuka mibi ibakoresha.Ndetse
n’ubwo bigoye numva abakristo bareka gushukwa no kubeshywa ndetse aho
babibonye bakabimesha inzego z’umutekano.
http://www.facebook.com/Igitsina (Page)
0 comments:
Post a Comment
Shyiraho igitekerezo cyawe!